MINEDUC na MINUBUMWE bahuje imbaraga mu gutoza abatozwa 202 baturutse mu mashuri makuru na kaminuza

Kigali, 26 Kamena 2023: Kuva tariki 17- 25 Kamena 2023, mu Kigo gitoza Umuco w’Ubutore cya Nkumba mu karere ka Burera, Intara y’Amajyaruguru,  Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ifatanyije na Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE) bafatanyije gutoza Indangagaciro na Kirazira by’Umuco Nyarwanda ku rubyiruko rurenga 202 harimo abakobwa 81 n’abahungu 121 nk’ Itorero Intagamburuzwa icyiciro cya IV, ryari rigizwe n’abanyeshuri bari mu buyobozi butandukanye muri za kaminuza n’amashuri makuru ya Leta cyangwa ayigenga yo mu Rwanda.

Minisitiri Dr.Valentine Uwamariya atangiza itorero IntagamburuzwaIV  ku mugaragaro tariki 19/06/2023

Itorero Intagamburuzwa, icyiciro cya kane ryari rifite intego nyamukuru zikurikira:

  • Gutoza urubyiruko rwiga muri kaminuza n'amashuri makuru indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda;
  • Kugira uruhare mu kwimakaza Itorero rikora neza mu mashuri makuru na za Kaminuza mu Rwanda.
  • Kubategurira kuba abakozi n’abayobozi barangwa n’imyitwarire mbonezamurimo.

Ubwo yatangizaga iri torero ku mugaragaro tariki 19 Nyakanga 2023, Nyakubahwa Minisitiri w’Uburezi Dr. Valentine Uwamariya yabasabye kandi Kwirinda amacakubiri agira ati “Mwirinde amacakubiri kuko niyo ya mbere yica ubumwe, ubufatanye bukwiye kuranga abanyarwanda.”

Dr. Uwamariya yashishikarije kandi uru rubyiruko kwirinda ingeso mbi ndetse n’ibindi byabateza guta umuco n’ikinyabupfura kigomba kuranga abanyarwanda harimo inzoga n'ibiyobyabwenge. “ Mwirinde inzoga ndetse n’ibiyobyabwenge kuko byakwica ahazaza hanyu.Kandi rwose iyo ubwenge bwayobye ntacyo ibyo wize byaba bikikumariye ! ”

Minisitiri Dr.Valentine Uwamariya aha impanuro itorero IntagamburuzwaIV 

Dr. Uwamariya yakomeje agaragaza ububi bw’inzoga muri aya magambo: “Iyo unyoye inzoga ugasinda, uturemangingo tugize ubwonko, tugenda dupfa buhoro buhoro, niyo mpamvu mubona abasinzi basabitswe n'inzoga basigaye bagenda batitira”

Muri iyi minsi 8 uru rubyiruko rwamaze mu itorero, batojwe mu buryo butandukanye nk’uko bisanzwe harimo gutozwa imyitozo ngororamubiri; gutozwa parade n’intambwe y’Intore; guhabwa ibiganiro ku ngingo zitandukanye birimo nk’icyerekezo 2050, amateka y’itorero, indangagaciro na kirazira; gutozwa mu buryo bw’imikoro n’imikorongiro;gutozwa mu buryo bwo gutarama no guhiga.

Mu gushyira mu bikorwa indangagaciro yo gufashanya , tariki 24 Kamena 2023, IntagamburuzwaIV bifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Kinoni mu karere ka Burera , aho bifatanyije n’abaturage ndetse n’ubuyobozi bw’uyu murenge mu kubumba amatafari azifashishwa kubakira imiryango ine ikeneye icumbi. Nyuma y’icyo gikorwa,  nibwo, habaye umuhango wo kwinjiza izi ntore mu zindi no gusoza itorero , wayobowe na Nyakubahwa Dr.Jean Damascene Bizimana, Minisitiri Ushinzwe Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, akaba yarabahaye izina ry’IntagamburuzwaIV aho baje bakurikira ibindi byiciro bitatu byatambutse.

Dr. Jean Damascene Bizimana aha impanuro IntagamburuzwaIV

Mu ijambo yabagejejeho, akaba yarabatumye mu rubyiruko biga hamwe bagaragaza indangagaciro z’umuco nyarwanda nk’uko babitojwe , bakaba nkore neza bandebereho, ndetse bakimakaza itorero aho biga.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINEDUC Bwana Karakye Charles nawe wari witabiriye uyu umuhango, yashimiye IntagamburuzwaIV kuba baritabiriye itorero, ndetse abizeza ko Minisiteri y'Uburezi izababa hafi mu gushyira mu bikorwa imihigo yabo.  

PS Charles Karakye atanga impanuro ku NtagamburuzwaIV

Izi Ntagamburuzwa icyiciro cya kane bakaba barahize imihigo myinshi bagaragaza ko bazayigeraho bafashijwe n’Imana .

IMIHIGO Y’INTAGAMBURUZWA ICYICIRO CYA  IV

Kongera muri komite minisiteri ishinzwe Itorero n’umuco no gushyigikira ibikorwa byayo maze Itorero rigakora neza muri za kaminuza n’amashuri makuru;

Gukangukira ibikorwa by’ubukorerabushake dukoresheje ubumenyi duhabwa ku ishuri tugira uruhare mu guhindura imibereho y’abaturage baturiye za kaminuza n’amashuri makuru twigamo;

Kwihatira kumenya amateka y’u Rwanda, kuvuguruza abayagoreka bakanakwiza ingengabitekerezo ya jenoside n’abarwanya iterambere ry’u Rwanda ku mbuga nkoranyambaga;

Kurangwa n’indangagaciro z’umuco nyarwanda, guterwa ishema nawo turwanya ingeso mbi zirimo ziyongera mu rubyiruko harimo ubusinzi, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, kwiyandarika n’ibindi…, binyuze muri za clubs duhuriramo. 

Gutegura igikorwa cyo kuremera abagizweho ingaruka n’ibiza mu Ntara z’Amajyaruguru, Uburengerazuba n’Amajyepfo. IMANA IZABIDUFASHEMO!

Tariki 04 Werurwe 2014 nibwo itorero ryatangijwe mu mashuri Makuru na Kaminuza mu Rwanda, ku rwego rw’igihugu ritangirizwa muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, rihabwa izina ry’Intagamburuzwa kandi byagaragaye ko iyi gahunda yagize umusaruro ugaragara mu mashuri yahise atangiza itorero. Kuva icyo gihe, hamaze gutozwa ibyiciro 4 by’abayobozi b’abanyeshuri muri za Kaminuza n’amashuri makuru atandukanye yo mu Rwanda yaba ayigenga n’aya Leta bikaba bigizwe n’Intore z’Intagamburuzwa zingana na 2,930 kandi ibindi byiciro bizakomeza gukurikirana kugirango umuco w'ubutore ukwire muri za Kaminuza n’amashuri makuru yose.

Iherezo.


Rwanda celebrates International Teachers' Day 2023

On December 14, 2023, Rwanda commemorated International Teachers' Day with a celebration held at the Intare Conference Arena in Gasabo district,…

Read more →

The Ministry of Education releases results of the 2022/2023 Advanced Level National Examinations

Kigali, 04th December 2023: The Ministry of Education released the 2022/2023 National Examination results for Advanced Level candidates in General…

Read more →

Honoring Success: Insights from the 9th University of Rwanda Graduation

Honoring Success: Insights from the 9th University of Rwanda Graduation

Friday, 17 November 2023- Musanze: The 9th University of Rwanda graduation…

Read more →

UniPod Rwanda inauguration marks a milestone at UR Innovation Week 2023

Kigali, November 10, 2023:  The Minister of Education Gaspard Twagirayezu launched the University Innovation Pod (UNIPOD), a United Nations…

Read more →

Driving Progress in Education: Highlights from Rwanda's Backward-Looking Joint Sector Review

Kigali 27 October 2023: The Ministry of Education (MINEDUC), in a collaborative effort with various Education Sector Development Partners (EDPs),…
Read more →

Hon. Gaspard Twagirayezu Inspires Kepler Graduates to Embrace Change and Impact Communities

30 October 2023: This Monday, the Honorable Gaspard Twagirayezu, Minister of Education, joined forces with Kepler to celebrate its 8th graduation…
Read more →

 Primary Teacher Residency Pilot Program for TTCs Launched

Kigali, October 4, 2023: The Minister of Education, Hon. Gaspard Twagirayezu, along with the Director-General of Rwanda Basic Education, Dr. Nelson…
Read more →

MINEDUC announced National Examinations Results for P6 and S3

KIGALI, 12th September 2023: The Ministry of Education through National Examinations and School Inspection Authority (NESA) has released the results…
Read more →

Zero Out Of School Children’ project launched to advance universal access to primary education

Kigali, 08 September 2023: Hon. Claudette Irere along with Mr Fahad Al Sulaiti, CEO of Education Above All (EAA) Foundation and Mr Ian Vale, Regional…
Read more →
-->